Imyidagaduro

Amarangamutima y’umukobwa ukomoka muri Israel nyuma yo kwambikwa impeta na Producer Holy Beat

Amarangamutima y’umukobwa ukomoka muri Israel nyuma yo kwambikwa impeta na Producer Holy Beat

Nyuma y’uko producer Holy Beat yambitse impeta ya fiançailles Annette Tahan ukomoka muri Israel, uyu mukobwa yavuze ko atari we uzarota abonye bakoze ubukwe kuko yamubereye indahemuka.

Ku munsi w’ejo nibwo Shyaka Olivier uzwi nka Holy Beat umaze kwandika izina mu Rwanda mu gutunganya indirimbo [Producer], yashinze ivi hasi yambika umukunzi we impeta amusaba ko yazamubera umugore.

Ni umuhango wabereye Kicukiro mu rugo kwa Holy Beat ubwo uyu mukobwa yari agiye kumusura amutunguza kumwambika impeta.

Annette Tahan abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yashimiye Holy Beat ku bwo kuba yaramuhisemo ndetse ko atari we uzarota bibaniye.

Ati"iyo ubonye umugabo nyawe, urabimenya. Ibintu biroroha kandi biba bimeze neza, ni nko gutembera mu mu mugezi mwiza. Urakoze Holy Beat kumbera umwunganizi w’agatangaza, inshuti n’ikiremwamuntu cy’agatangaza ku Isi. Ntegereje igihe tuzanyuranira muri ubu buzima undi iruhande. Ndagukunda cyane."

Holy Beat na we yamusubije ko amukunda cyane.

Annette Tahan ari mu Rwanda muri iyi minsi aho yaje aje gusura umukunzi we Holy Beat, ni nyuma y’igihe batabonana.

Yashinze ivi hasi amwambika impeta
Nyuma yo kumwambika impeta barebanye mu maso biratinda
Yamusomye biratinda
Impeta yambitswe Annette
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • DUKUNDANE ESTHER
    Ku wa 13-05-2021

    Gukunda ni byiza biba akarusho iyo ukunze ugukunda.

IZASOMWE CYANE

To Top