APR FC mu rwego rwo kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2022-23, yamaze gusinyisha abakinnyi 6 ni mu gihe yanafashe umwanzuro wo kongerera abandi 9 amasezerano.
Nubwo itarabitangaza kumugaragaro, gusa APR FC yamaze kwibikaho abakinnyi 6 yaguze bavuye mu yandi makipe.
Mu bwugarizi yasinyishije Ishimwe Christian wakiniraga AS Kigali, Uwiduhaye Abouba wakiniraga Police FC na Niyigena Clement wari usoje amasezerano muri Rayon Sports.
Iyi kipe kandi yasinyishije abakinnyi basatira izamu barimo Mbonyumwami Taibu wakiniraga Espoir FC, Niyibizi Ramadhan wakiniraga AS Kigali ndetse na Ishimwe Fiston wa Marines FC.
APR FC yafashe umwanzuro ko nta mukinnyi wa yo n’umwe izarekura, ikaba yaramaze kongerera amasezerano abakinnyi 9 bari basoje amasezerano.
Ku isonga hari umunyezamu Ahishakiye Hertier, myugariro Buregeya Prince, Nshimiyimana Yunusu na Ndayishimiye Dieudonne.
Hari abakinnyi bakina mu kibuga hagati Ruboneka Bosco ndetse na Itangishaka Blaise. Yongereye amasezerano kandi abakinnyi 3 bataha izamu Nshuti Innocent, Mugunga Yves na Bizimana Yannick.
Ibitekerezo
Uwayezu
Ku wa 1-08-2023Apr fc nikomereze aho turayikunda
Kwizera
Ku wa 10-07-2023Mwakozekumanura abakinny
Kwizera
Ku wa 10-07-2023Mwakozekumanura abakinny
Kwizera
Ku wa 10-07-2023Mwakozekumanura abakinny
HAKORIMANA GARACIYANE
Ku wa 6-05-2023AMAKURU AVUGAKO APR FC YAGUZE ANYAMAHANGANIYO
Habanabakize elphuz
Ku wa 31-12-2022Nibyizacyane kubagura arikose ntabwo iribagirwa abanyarwanda? igure ariko ntiyibagirwe kuzamura umunyarwanda.
Ishimwe bolingo
Ku wa 6-10-2022nge ndi umufana wa APR FC tubarinyuma 2
Napoleon jean claude
Ku wa 9-07-2022Twishimiy uburyo ikipe yacu iri kwiyubaka ariyo APR fc kand tubarinyuma, kand twongerankubashimira kumu kino was gishuti uribube hagati ya sunrise na APR fc kuruyumunsi.
Musonera eugene
Ku wa 8-07-2022Twishimiye uburyo ikipe yacu dukunda turi benshi irimo iriyubaka murakoze
Musonera eugene
Ku wa 8-07-2022Twishimiye uburyo ikipe yacu dukunda turi benshi irimo iriyubaka murakoze
Umuhireregad
Ku wa 8-07-2022Gusabana