Siporo

Babuwa Samson yahishuye impamvu yamuteye kuba anyotewe cyane no kuba umunyarwanda

Babuwa Samson yahishuye impamvu yamuteye kuba anyotewe cyane no kuba umunyarwanda

Rutahizamu w’umunya-Nigeria, Babuwa Samson ukinira Kiyovu Sports avuga ko kuba yarashatse umugore w’umunyarwandakazi atari byo byonyine byatumye yifuza kuba umunyarwanda ahubwo hari n’ibindi byinshi birimo kuba u Rwanda ari igihugu kirimo amahoro kandi kiyobowe neza.

Uyu mukinnyi umaze imyaka 5 mu Rwanda yamaze no kuba yarongora umugore w’umunyarwandakazi aho bakoze ubukwe muri 2019.

Ubu akaba yaratangiye inzira zo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda aho ategereje igisubizo azahabwa.

Mu kiganoro n’ikinyamakuru ISIMBI, Babuwa Samson yavuze ko kuba yarashatse umunyarwandakazi atari cyo cyonyine cyatumye yifuza kuba umunyarwanda ahubwo hari izindi mpamvu nyinshi zibiri inyuma.

Ati”Impamvu ni uko ari igihugu gifite amahoro kandi ibintu byacyo biri ku murongo, gifite umuyobozi mwiza. Gifite abakobwa beza aho nakuye umugore wanjye nkunda Sweetie Mutima. U Rwanda rwanyigishije ibintu byinshi, kwihangana, kudahohoterwa cyangwa ngo uhohotere abandi n’ibindi byinshi.”

Babuwa Samson yageze mu Rwanda muri 2016 ubwo yari aje mu ikipe ya Sunrise FC yakiniye imyaka 4 ayivamo muri 2020 ari bwo yerekezaga muri Kiyovu Sports.

Uburyo u Rwanda ruyobowe ni kimwe mu bituma yifuza kuba umunyarwanda cyane
Babuwa Samson ni umwe muri ba rutahizamu bahagaze neza mu Rwanda
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

To Top