Imyidagaduro

Miss Bahati Grace wavuze icyo yapfuye na K8 Kavuyo, yemeje ko ari mu munyenga w’urukundo

Miss Bahati Grace wavuze icyo yapfuye na K8 Kavuyo, yemeje ko ari mu munyenga w’urukundo

Nyampinga w’u Rwanda 2009, Bahahti Grace avuga ko ikintu cyatumye atandukana n’umuhanzi K8 Kavuyo bakanyujijeho mu rukundo ari uko yasanze badahuje icyerekezo.

K8 na Bahati Grace urukundo rwabo rwatangiye muri 2010 rurakomeza kugeza muri 2012 ubwo bibarukaga imfura yabo y’umuhungu bise Ethan Muhire.

Nyuma kubyarana uyu mwana w’umuhungu, baje gutandukana umwe aca ukwe n’undi aca ukwe.

Mu kiganirpo yagiranye n’umunyamakuru Ally Soudy kuri Instagram, yavuze ko impamvu yatandukanye na K8 ari uko yabonga bari badahuje icyerekezo ndetse ko n’ibihe bisubiye inyuma atakwemera gusubirana na we.

Ati"Ntabwo nabyemera kuko ibyerekezo byacu ntibyaba bihuye. Twari dufite ibyerekezo bitandukanye, ni yo ntandaro yo gutandukana.”

Avuga ko kurera umwana wenyine byamugoye ariko ubu akaba yaratangiye kubona umusaruro wabyo.

Ati"Abazi umwana wanjye babona ko afite urukundo n’ubwo yaruhawe n’umubyeyi umwe. Nakuze mfite ishyaka ryo kumva ko ningira umwana nzagerageza kumugarariza urukundo no kumuha ibyo akeneye byose. Maze kumubona byansabye ko nigomwa byinshi ariko ntangiye kubona umusaruro wabyo.”

Mu mpera za 2018 nibwo byatangiye kuvugwa ko Bahati Grace ari mu rukundo na Paccy ari, yavuze ko ikintu yamukundiye ari uko yamukunze uko ari kandi ikintu avuze ari cyo akora ari umuntu uhagarara ku ijambo rye.

Bahati Grace ari mu rukundo na Paccy
Paccy ngo ni umusore wamukunze uko ari
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top