Siporo

Mugisha Gilbert yavuze ku by’umwenda afitiwe na Rayon Sports

Mugisha Gilbert yavuze ku by’umwenda afitiwe na Rayon Sports

Umukinnyi wa Rayon Sports usatira anyuze ku mpande, Mugisha Gilbert avuga ko ubu yamaze kumvikana na Rayon Sports ku birarane bamufitiye ndetse ko bizishyurwa mu gihe cya vuba.

Mugisha Gilbert ni umwe mu bakinnyi bishyuza Rayon Sports, ibirarane by’umushahara ndetse n’amwe mu mafaranga yasigaye atabonye ubwo yongeraga amasezerano.

Aganira n’ikinyamakuru ISIMBI, Mugisha Gilbert yavuze ko ibibazo byakemukiye mu mwiherero bari bagiyemo ubu nta kibazo gihari.

Yaize ati“Ubu njye n’ikipe yanjye nta kibazo, yego hari amafaranga bamfitiye kandi sinjye njyenyine, ntuzi ko twari twagiye mu mwiherero se? Ibintu rero twabikemuriyeyo nta kibazo gihari, mu minsi mike biraba byarangiye byose.”

Uyu musore kandi yateye utwatsi amakuru yagiye avugwa ko ashobora gutandukana n’iyi kipe akaba yakwerekeza ahandi, akaba yavuze ko na we abyumva mu bitangazamakuru nk’abandi.

Mugisha Gilbert avuga ko ikibazo cye na Rayon bakiganiriyeho
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top