Siporo

Udafite umwana aheke ibuye! Amakipe 8 igitima kiradiha, arabunza imitima

Udafite umwana aheke ibuye! Amakipe 8 igitima kiradiha, arabunza imitima

Mu gihe habura imikino 2 gusa ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino 2023-24 irangire, amakipe 8 ni yo agomba kuvamo abiri amanuka mu cyiciro cya kabiri.

Guhera kuri Gasogi United ya 9 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 33 kugeza kuri Etoile del’Est ya nyuma n’amanota 28, ni ho hangomba kuvamo amakipe abiri agomba kumanuka mu cyiciro cya kabiri.

Bitandukanye n’indi myaka, uyu mwaka w’imikino ni wo ushobora kwandikwamo amateka ko ikipe yageje amanota 30 yamanuka mu cyiciro cya kabiri, mbere ikipe yayagezaga yabaga yizeye kuguma mu cyiciro cya mbere ariko ubu na 33 ntabwo ahagije.

Aho shampiyona igeze ni hamwe umwana arira nyina ntiyumve kuko Gasogi United ifite 33, Gorilla FC, Muhazi United, Etincelles FC na Marines FC zifite 32, Sunrise FC 29, Bugesera FC na Etoile del’Est zikagira 28, buri imwe iracunga izamu rya yo ngo irebe ko yaguma mu cyiciro cya mbere. Bivuze ko aya makipe ya nyuma atsinze imikino ya yo yose yagira amanota 34, yahita aca kuri Gasogi mu gihe yaba yatsinzwe imikino isigaje.

Gusa amahirwe menshi ni uko Bugesera FC na Etoile del’Est imwe igomba kumanuka cyangwa zikajyana, ziranganya amanota kandi zikaba zizahura ku munsi wa nyuma wa shampiyona. Bivuze ko bigoye ko imwe muri zo yazagira amanota 32. Zishobora kuzatsinda umukino w’umunsi wa 29 zigahura ku munsi wa nyuma zinganya amanota 31, imwe yatsinda indi ikambuka indi igasigara, zanganya Etoile del’Est yahita imanukana n’indi yaba ifite amanota 32 bitewe n’ibitego zizigamye cyangwa umwenda zifite.

Amahirwe ni uko umunsi wa 29 ushobora kuzasiga werekanye amakipe ashobora kumanuka kuko hari azahura.

Bugesera FC kandi ifite ihurizo kuko amakipe isigaje (Muhazi United na Etoile del’Est) ari amakipe ari mu murongo utukura, bazahura na yo yirwanaho.

Imikino amakipe arwana no kutamanuka asigaje

Gasogi United: Mukura VS na Etincelles

Gorilla FC: Police FC na Mukura VS
Muhazi United: Bugesera FC na Rwamagana City
Etincelles FC: Kiyovu Sports na Gasogi United
Marines FC: Musanze FC na Sunrise FC
Sunrise FC: Amagaju FC na Marines FC
Bugesera FC: Bugesera FC na Etoile del’Est
Etoile del’Est: Police FC na Bugesera FC

Sunrise FC na Gorilla ni amwe mu makipe ari mu murongo utukura
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Rujugiro ntenyo
    Ku wa 30-04-2024

    Icyo nabwira ikipe dukund APR nibwire abafana ikibura nahubundi tuyirinyum inkunga turazifit

  • SHUMBUSHO
    Ku wa 30-04-2024

    mudukurikiranire muhadjili muri gikundiro

IZASOMWE CYANE

To Top