Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Amerika

Bruce Melodie yerekeje muri Amerika

Umuhanzi Nyarwanda, Bruce Melodie yasubiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho afite igitaramo gisoza umwaka wa 2023 azahuriramo n’Abanyarwanda.

Bruce Melodie yaherukaga muri USA ubwo yataramiraga mu gitmaramo yahuriyemo na Shaggy tariki ya 28 Ugushyingo 2023.

Yahise agaruka mu Rwanda aho yagombaga kuririmba mu gitaramo cya ’Move Afrika’ muri Kigali Arena cyabaye ku wa 6 Ukuboza 2023 yahuriyemo na Kendrick Lamar.

Ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 10 Ukuboza 2023 yafashe rutemikirere asubira muri Amerika aho n’ubundi azahurira na Shaggy ku rubyiniro tariki ya 16 Ukuboza 2023.

Nyuma y’iki gitaramo biteganyijwe ko tariki ya 30 Ukuboza 2023, Bruce Melodie azataramira mu Mujyi wa Portland ku wa 30 Ukuboza 2023 mu gitaramo cyo gusoza umwaka.

Bruce Melodie yasubiye muri Amerika
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top