Ibaruwa ifunguye nyina wa Vestine na Dorcas yanditse agaragaza ubuhemu, uburiganga n’amanyanga bakorewe na M Irene
Uzamukunda Elizabeth akaba umubyeyi wa Vestine na Dorcas baherutse kurekurwa M Irene Entertainment(MIE) yavugaga ko ireberera inyungu zabo, yanditse ibaruwa avuga uburyo abana be bashutswe na Murindahabi Irene(M Irene) uhagarariye MIE.
Ku munsi w’ejo nibwo MIE yasohoye itangazo ivuga ko yahagaritse imikoranire na Vestine na Dorcas yari amaze iminsi afasha ku bw’impamvu yavuze ko azatangaza mu minsi iri imbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, mu ibaruwa yasinyweho na nyina waba bana biyeguriye umuziki wo kuranywa no guhimbaza Imana, Uzamukunda Elizabeth yavuze ko bashutswe na M Irene usanzwe ari umunyamakuru.
Muri iyo baruwa agarazamo ubuhemu bwose yakoreye aba bana, ko yagiye ahabwa amafaranga mu izana ryabo akayirira, kubambura YouTube Channel, gutera ubwoba ababyeyi be n’ibindi.
Ibitekerezo
tuyisenge eric
Ku wa 10-07-2021nukuri iyi baruwa irambabaje niba ari byo koko uriya munyamakuru.ninyamanswa numuhemu nukuri RIB ibikurikirane hafi bafunge inzererezi
Mug is ha Carlos
Ku wa 9-07-2021Sha cyakoze abantu biyisi nibabi koko uzigufasha umuntu yarangiza akagera aho yifuza kugufungisha??jye ntababeshye abobana mbamenye ejobundi knd ndacyeka nabenshi ariho babamenye batangiye gukorana na irerne none kweli ibyonibiki kobatangiye kumuhemukira?jye ntekereje ndumv irene ntahita mucira urubanza ahubwo hari amabwire barimo bagenderaho ark bamusezera neza bakarekana bagakomeza inzira yabo bagasanga ubashaka ark umunyarwanda ntibamugerekeho urubwa....Irene never give up bro ntantambara itarangira nibatekereza neza bazasanga barahemutse gusa jye ndumv ikibazo atari vestine na dorocas ikibazo nababyeyi babo
Irimaso James
Ku wa 8-07-2021Irene ihangane urumubyeyi nibenshi wafashije bagushimira kandi ntuzateshuke kubumuntu bukuranga uwoni umurengwe nishyari ryuzuye muri rubanda