Imyidagaduro

Nadine Kendre umwe mu bakinnyi b’abanyarwandakazi bafite igikundiro yakoze ubukwe (AMAFOTO)

Nadine Kendre umwe mu bakinnyi b’abanyarwandakazi bafite igikundiro yakoze ubukwe (AMAFOTO)

Rutagengwa Nadine Kendra umukinnyi w’ikipe ya REG Women Basketball Club yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Rutikanga Kenny.

Ni umuhango wabaye ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Nzeri 2024 aho bombi bemeranyijwe kubana akaramata.

Kendra umwe mu bakobwa bafite igikunduro bitewe n’isura ye n’imiterere y’umubiri we, yasezeranye imbere y’amategeko nyuma y’uko mu minsi ishize yari yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi (Bridal Shower).

Biteganyijwe ko uyu munsi ari bwo Rutikanga Kenny ari busabe akanakwa Nadine mu birori biri bubere ku i Rebero.

Indi mihango yose y’ubukwe isigaye ikaba izaba ku Cyumweru tariki ya 8 Nzeri 2024 ibere muri Intare Arena Rusororo.

Rutagengwa Nadine Kendra akaba ari umukinnyi wa Basketball mu ikipe ya REG WBBC, yamenekanye cyane ubwo yakiniraga The Hoops.

Kenny na Kendra basezeranye imbere y'amategeko
Rutagengwa Nadine Kendra ni umukobwa ufite igikundiro
Nadine ni umukinnyi wa REG WBBC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Egide
    Ku wa 8-09-2024

    Muhora kumitima yabenshi turabakunda.

  • Egide
    Ku wa 8-09-2024

    Muhora kumitima yabenshi turabakunda.

IZASOMWE CYANE

To Top