Imyidagaduro

Nkusi Arthur yabonye umusimbura kuri Kiss FM (AMAFOTO)

Nkusi Arthur yabonye umusimbura kuri Kiss FM (AMAFOTO)

Nyuma y’uko Nkusi Arthur asezeye kuri Kiss FM iyi Radio yamaze gutangaza Gentil Gideon Ntirenganya nk’umusimbura we.

Tariki ya 23 Ukuboza nibwo Nkusi Arthur yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko tariki ya 24 Ukuboza ari wo munsi wa nyuma we kuri Radio ya Kiss FM.

Arthur Nkusi akaba yarakoranaga na Sandrine Isheja mu kiganiro cya mu gitondo cya "Kiss Breakfast".

Iyi radio binyuze kuri page yayo ya Facebook ikaba yamaze gutangaza ko umusimbura wa Arthur Nkusi uzajya ukorana na Isheja Sandrine Butera, banatangiranye uyu munsi ari Gentil Gedeon Ntirenganya.

Yagize iti "Waramutse! Waramutse! Dufatanye guha ikaze Gentil Gedeon tuzajya tubana mu kiganiro Kiss Breakfast hamwe na Sandrine Isheja."

Gentil Gedeon ni umunyamakuru ufite uburambe mu itangazamakuru, yakoreye Radio ya KT Radio yamazeho igihe, akaba yaramenyekanye cyane mu kiganiro, "Inyanja Twogamo".

Gentil Gedeon yinjira muri Kiss FM ku munsi we wa mbere mu kazi
Sandrine Isheja bagiye kujya bakorana
Gentil na Sandrine bagiye kujya bakorana ikiganiro Kiss Breakfast
Akazi yahise agatangira
Ahari Arthur Nkusi ubu haje Gentil Gedeon
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Chantal
    Ku wa 3-01-2022

    Turamwishimiye cyane

  • Chantal
    Ku wa 3-01-2022

    Turamwishimiye cyane

  • Chantal
    Ku wa 3-01-2022

    Turamwishimiye cyane

IZASOMWE CYANE

To Top