Imyidagaduro

Nyuma y’umwaka n’igice The Ben agiye kugaruka mu Rwanda

Nyuma y’umwaka n’igice The Ben agiye kugaruka mu Rwanda

Umuhanzi Nyarwanda wibera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mugisha Benjamin [The Ben], agiye kugaruka gutaramira abanyarwanda nyuma y’umwaka umwe n’igice avuye mu Rwanda.

Byitezwe ko uyu muhanzi azaririmba mu gitaramo kizaherekeza irushanwa ry’avakanyujijeho muri ruhago ’Rwanda Re-birth’ rikinwa n’abarengeje imyaka 30, iki gitaramo cyiswe ’Rwanda Re-birth celebrations’.

The Ben ufite igitaramo ku Mugabane w’u Burayi tariki ya 30 Nyakanga 2022 muri Sweden, ategerejwe mu Rwanda tariki ya 6 Kanama 2022.

Yaherukaga gutaramira abanyarwanda mu gitaramo cya East Africa Party 2020, nyuma yanaririmbye mu bitaramo bya Skol muri Tour du Rwanda 2020, ni mu gihe muri Gashyantare 2021 ari bwo yavuye mu Rwanda asubira muri Amerika.

The Ben ategerejwe i Kigali
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top