Imyidagaduro

Tanasha Donna yasubije abagereranya iminwa ye yabagishije n’iya Diamond Platnumz babyaranye

Tanasha Donna yasubije abagereranya iminwa ye yabagishije n’iya Diamond Platnumz babyaranye

Umuhanzikazi wo muri Kenya, Tanasha Donna Oketch, yanenze abagereranyije iminwa ye n’iya Diamond Platnumz babyaranye.

Mu minsi ishize ni bwo uyu mugore yahishuye ko yagiye kwibagisha iminwa ngo igire imiterere y’uko yifuza.

Nyuma yo kwibagisha byagaragaye iminwa ye yabaye minini ari ho abantu batangira kuvuga kuyigereranya n’iya se w’umwana we Diamond Platnumz cyane ko nawe adafite mito.

Abinyujije kuri Instagram Story ye, yavuze ko bibabaje kuba abantu bifata bagasuzugura umuntu ariko ngo hari igihe bazamushimira atagihari.

Ati "Muransuzugura mukantesha agaciro, ariko ni byiza. Hari umunsi uzagera mukanshimira ntakiri hano."

Tanasha Donna yibagishije iminwa mu ntagiriro z’uyu mwaka aho yavuze ko gukira bibasaba ibyumweru bibiri.

Iminwa ya Tanasha bayigereranyije n'iya Diamond Platnumz babyaranye
Diamond Platnumz na we iminwa ye si mito
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top