Imyidagaduro

Umunya-Nigeria wakiniye amakipe arimo Rayon Sports, yambitse impeta ya finçailles umukunzi we ufana Gikundiro (AMAFOTO)

Umunya-Nigeria wakiniye amakipe arimo Rayon Sports, yambitse impeta ya finçailles umukunzi we ufana Gikundiro (AMAFOTO)

Umunya-Nigeria ukina mu kibuga hagati muri AS Kigali wanakiniye Rayon Sports, Osaluwe Rafael yambitse impeta y’urukundo umukunyarwandakazi, Hoza Lily Chris.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba w’ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2024 ubera mu Mujyi wa Kigali kuri Great Hotel.

Osaluwe wari wateguye neza, yashinze ivi hasi maze asaba Hoza Liy Chris ko yazamubera umugore undi nta kuzayaza yahise abyemera amuhereza ikiganza amwambika impeta.

Mu mashusho yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, Osaluwe yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yambikaga umukunzi we impeta y’urukundo.

Amakuru avuga ko aba bombi bamaze igihe bakundana kuva Osaluwe yava muri Bugesera FC mu mpeshyi ya 2022 agiye gukinira Rayon Sports aho yamazemo umwaka umwe muri 2 yayisiye ihita imutiza muri AS Kigali kubera ko atabonaga umwanya wo gukina kubera imvune.

Byari ibyishimo kuri Osaluwe na Hoza
Yakiniye Rayon Sports
Ubu akinira AS Kigali
Hoza Lily Chris umukunzi wa Osaluwe
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Maniriho wellars
    Ku wa 13-03-2024

    Nukuri isimbi muri abambere kuko muduha amakuru azira ibihuha

  • Emmanuel iradukunda
    Ku wa 12-03-2024

    Turabakinda knd twishimira amkr mutujyezaho umunsi kuwundi murabambere

IZASOMWE CYANE

To Top