Imyidagaduro

Yaka ashobora gufungwa imyaka 3

Yaka ashobora gufungwa imyaka 3

Gasore Pacifique uzwi nka Yaka Mwana yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuntu ku bushake.

Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, abinyujije ku rubuga rwa Twitter aho yavuze ko uyu musore yatawe muri yombi ndetse afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.

Yaka Mwana akaba arimo gukorwaho iperereza kugira ngo dosiye ye ishyikirijwe Ubushinjacyaha.

Gasore Pacifique wamamaye cyane muri filime Gatarina, naramuka ahamijwe iki cyaha azahanwa n’ingingo ya 121 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya igifungo cy’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw.

Nahamwa n'icyaha ashobora gufungwa imyaka 3
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top