Siporo

11 Amavubi ashobora kubanzamo imbere ya Libya

11 Amavubi ashobora kubanzamo imbere ya Libya

Uyu munsi ikipe y’igihugu Amavubi iratangira urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025 aho ihera kuri Libya.

Amavubi ari mu itsinda D na Nigeria, Benin na Libya ari bukine na yo uyu munsi.

Ni umukino uri bubere muri Libya saa 18h00’ kuri Stade du 11 Juin kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024.

Ku kigero cya 95% ni uko umutoza Frank Spittler abakinnyi ari bubanze mu kibuga ari ababanjemo mu mukino uheruka, gusa nka Kwizera Jojea ashobora kwinjiramo mu gice cya kabiri.

Abakinnyi 11 ashobora kubanzamo: Ntwari Fiacre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Mugisha Bonheur Casemiro, Bizimana Djihad, Muhire Kevin, Mugisha Gilbert, Samuel Gueulette na Nshuti Innocent

Amavubi arakina na Libya
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top