Siporo

11 beza b’inzozi kuri Police FC

11 beza b’inzozi kuri Police FC

Police FC nyuma yo kwegukana igikombe cy’Amahoro yamaze kugera ku isoko ishaka abakinnyi izifashisha mu mwaka utaha w’imikino cyane ko izakina imikino Nyafurika ya CAF Confderation Cup.

Iyi kipe y’abashinzwe umutekano yabanje gukanga benshi bitewe n’abakinnyi yarekuye aho yarekuye umubare munini.

Benshi bari bafite amatsiko yo kubona uburyo iyi kipe iziyubuka, gusa yatangiye gukangana bitewe n’abakinnyi yamaze gusinyisha n’abo ishaka.

Abakinnyi babiri bamaze gusinyira iyi kipe ni umugande wahoze ukinira Rayon Sports, Joackiam Ojera ndetse na rutahizamu wa Bugesera FC ukomoka muri Nigeria, Ani Elijah.

Police FC kandi ikaba iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batandukanye nk’Umurundi ukinira Kiyovu Sports, Kilongozi Bazombwa Richard. Uretse uyu kandi ikomeje ibiganiro na Ishimwe Christian.

Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira, ntabwo APR FC izamwongerera amasezerano yamusabye kujya kwishakira indi kipe. Ntabwo arahuza na Police FC kubera ko we amahitamo ye ya mbere ari ukujya gukina hanze ariko na none mu gihe Police FC yamuha amafaranga yifuza yahita asinya.

Police FC ikeneye umukinnyi kuri uyu mwanya na yo ikaba irimo gukora ibishoboka byose ngo abe yayisinyira.

Andi makuru avuga ko bamwe mu bayobozi ba Police FC banatekereje kuzana Omborenga Fitina ariko ntibabihurizaho bakaba basa n’ababiretse.

Abandi bakinnyi bavugwa muri iyi kipe ni abakinnyi ba Kiyovu Sports, Cherif Bayo na Niyonzima Olivier Seif aho ngo bashobora gukuramo umwe akaba yakwerekeza muri iyi kipe. Umutoza Mashami yifuza Seif mu gihe ubuyobozi bwo bubona amahitamo meza ari Bayo.

Aba bakaba biyongera ku bakinnyi Muhadjiri bifuza kongerera amasezerano akaba atarasubiza, hari rutahuzamu Peter Agblevor waje mu mikino yo kwishyura y’umwaka ushize ariko akaba yarahise avunika.

11 b’inzozi kuri Police FC mu gihe bose baboneka))

Umunyezamu: Rukundo Onesime

Ba Myugariro: Omborenga Fitina, Ndizeye Samuel, Rwabuhihi Aime Placide na Ishimwe Christian

Abakina Hagati: Niyonzima Olivier Seif, Bigirimana Abedi na Hakizimana Muhadjiri

Ba Rutahizamu: Richard Bazombwa Kilongozi, Ani Elijah na Peter Agblevor

Ishimwe Christian ari mu biganiro na Police FC
Kilongozi mu muryango winjira muri Police FC
Ani Elijah yamaze gusinyira Police FC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top