Siporo

Amahirwe yasekeye perezida wa FERWAFA

Amahirwe yasekeye perezida wa FERWAFA

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yemeje ko amafaranga yagenerwaga abayobozi b’amafederasiyo muri Afurika azamurwaho 150% agera ku bihumbi 50 by’amadorali.

Ni ukuvuga ko perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse azajya abona miliyoni 65 z’amafaranga y’u Rwanda ku mwaka.

Nk’uko perezida wa CAF Patrice Motsepe yabibwiye SABC TV yo muri Afurika y’Epfo ko ari icyemezo cyafashwe nyuma yo gusanga aba baperezida bakennye.

Ati “Bamwe mu ba perezida banyu ntaho baba bafite ho gukura kandi bagomba kuyobora amashyirahamwe. Twafashe icyemezo cyo kugira icyo tubaha nubwo bidahagije ariko byibura duhe agaciro ubushake n’ubwitange bagaragaza.”

Uyu mwanzuro ukaba uzemerezwa mu Nteko Rusange ya CAF izaba tariki ya 10 Ukwakira 2024 muri DR Congo.

Ubusanzwe aba baperezida bakaba bagenerwaga ibihumbi 20 by’amadorali, ubu byamaze kugera ku bihumbi 50$.

CAF ifashe uyu mwanzuro nyuma y’uko mu minsi ishize yemeje ko amakipe akina amajonjora y’ibanze mu mikino Nyafurika azajya ahabwa ibihumbi 50$.

Munyantwali Alphonse agiye kujya abona miliyoni 65 Frw ku mwaka

m

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

To Top