Siporo

Amavubi yananiwe kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA (AMAFOTO)

Amavubi yananiwe kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA (AMAFOTO)

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18, yananiwe kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA irimo kubera muri Kenya, ni nyuma yo gutsidwa na Uganda 1-0.

Uyu munsi ni bwo habaye imikino ya 1/2 aho yabimburiwe n’umukino w’u Rwanda na Uganda wabaye mu gitondo cyo kuri uyu Kabiri.

Uganda yaje gusezerera u Rwanda irutsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Abubakar Mayanja ku munota wa 59.

Nyuma y’uyu mukino hakaba hagiye kuba umukino w’undi wa 1/2 aho Kenya iribukine Tanzania, itsinda ikazasanga Uganda ku mukino wa nyuma.

U Rwanda rukaba ruzahatanira umwanya wa 3 n’ikipe iri butsindwe hagati ya Tanzania na Kenya.

11 Amavubi yabanjemo
11 Uganda yabanjemo
Ntabwo umukino woroheye u Rwanda
Uganda yishimira igitego yatsinze
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top