Siporo

APR FC yahannye abakinnyi 5

APR FC  yahannye abakinnyi 5

Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR FC yahannye abakinnyi ba yo batanu aho yabohereje gukorera imyitozo mu ikipe ya kabiri ya yo ari yo Intare FC.

Aba bakinnyi bose uko ari batanu boherejwe gukorera imyitozo mu Intare FC, amakuru agera ku kinyamakuru ISIMBI bivugwa ko boherejwe gukorerayo bitewe n’ikibazo cy’imyitwarire yaba mu kibuga ndetse no hanze ya cyo.

Abo bakinnyi ni Nsanzimfura Keddy, Byiringiro Lague, Nizeyimana Djuma, Ishimwe Anicet na Nsengiyumva Parfait.

Aba bakinnyi bose icyo bahuriyeho ni uko bamaze igihe batitwara neza mu kibuga kuko benshi batakibona umwanya wo gukina, gusa ibi bikaba bijyana n’imyitwarire ya bo yo hanze y’ikibuga ari na yo ubuyobozi bwa APR FC bwananiwe kwihanganira bahitamo kubohereza gukorera imyitozo mu Intare FC kugira ngo banitekerezeho.

Ishimwe Anicet yoherejwe gukorera imyitozo mu Intare FC
Nizeyimana Djuma na we yarahanwe
Parfait kuva yagera muri APR FC kubona umwanya wo gukina byaranze, na we ari mu bahanwe
Nsanzimfura Keddy ni we woherejweyo mbere y'abandi
Byiringiro Lague bivugwa ko nyuma yo kuba bidahagaze neza mu kibuga no hanze yacyo ntabwo bimeze
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top