Siporo

Bite by’umunyezamu Adolphe Hakizimana wavuye mu kibuga amarira ashoka

Bite by’umunyezamu Adolphe Hakizimana wavuye mu kibuga amarira ashoka

Nyuma yo kuva mu kibuga n’amarira menshi, umunyezamu wa Rayon Sports, Hakizimana Adolphe ubu arimo kugenda yoroherwa aho n’ukuboko kwe kwabyimbutse.

Uyu munyezamu yari yabanjemo ku mukino ubanza w’ijonjora rya 2 rya CAF Confederation Cup aho Rayon Sports yari yasuye Al Hilal Bengahazi.

Muri uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ntabwo wahiriye umunyezamu kuko yaje kuvunika hakiri kare ku munota wa 10 ubwo yakuragamo umupira ukomeye wa Osamah Alshareef.

Adolphe Hakizimana yagize ikibazo ku kuboko kw’iburyo mu nkokora, abaganga binjiye mu kibuga kumuvura, baraguhambira ariko biranga maze ku munota wa 17 yasohotse mu kibuga asimburwa na Hategekimana Bonheur.

Adolphe utabyumvaga neza yasohotse mu kibuga arira kuko atumvaga uburyo avunitse hakiri kare ku mukino nk’uyu, ndetse ahita ajya mu rwambariro, yagarutse mu gice cya kabiri.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko, uko amasaha yashiraga ukuboko kwagendaga kubyimba ariko amakuru meza ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Nzeri 2023 yari yorohewe ukuboko kwabyimbutse ndetse n’uburibwe bwagabanutse.

Amakuru avuga ko nta gupfa ryavuye mu mwanya waryo cyangwa ngo rivunike ahubwo ari ukuribwa gusa. Ntabwo biremezwa niba azasiba umukino wo kwishyura wa Al Hilal uzakinwa tariki ya 30 Nzeri 2023.

Adolphe Hakizimana yasohotse mu kibuga amarira ari yose
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top