Siporo

Emeran Noam wanyuze muri Manchester mu muryango winjira mu Mavubi

Emeran Noam wanyuze muri Manchester mu muryango winjira mu Mavubi

Nta gihindutse Naoam Emeran ukinira FC Groningen mu Buholandi, azaba ari mu bakinnyi bazifashishwa ku mikino ya Benin na Lesotho mu kwezi gutaha.

Uyu ni umwe mu bakinnyi bafite inkomoko mu Rwanda bifujwe ko yaza gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi akiri no mu Bwongereza mu ikipe ya Manchester United.

Noam Emeran avuka kuri nyina w’umunyarwandakazi na se w’umufaransa wavukiye muri Guadeloupe, Emeran Fritz Nkusi wakiniye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Kuba se yarakiniye Amavubi, benshi bumvaga ko n’umwana we bizoroha kurukinira ariko byaje kugorana bitewe n’uko se yambuwe ubwenegihugu bw’u Rwanda nk’uko twagiye tubigarukaho mu nkuru zatambutse.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ubu ibiganiro bigeze kure ndetse uyu mukinnyi ukina anyuze ku ruhande asatira, muri FC Groningen mu cyiciro cya kabiri mu Buholadni nta gihindutse agomba gukina imikino 2 u Rwanda rufite mu kwezi gutaha uwa Benin tariki ya 6 Kamena na Lesotho tariki ya 11 Kamena 2024.

Bivugwa ko muri iki cyumweru hari bamwe mu bayobozi ba FERWAFA bashobora kujya mu Bufaransa kuvugana na se ngo babirangize ku buryo Emeran yatangira no gushakirwa ibyangombwa, aha bazanaboneraho n’umwanya wo kuvugana na Warren Kamanzi ukinira Touluouse FC mu Bufarana kuko na we ni undi mukinnyi u Rwanda rwifuza.

Emeran Noamnta gihindutse azakinira Amavubi mu kwezi gutaha
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top