Siporo

Hakim Sahabo mu nzira zitandukana n’ikipe ye

Hakim Sahabo mu nzira zitandukana n’ikipe ye

Hakim Sahabo wagize intangiriro mbi muri Standard de Liège muri uyu mwaka w’imikino wa 2024-25, ashobora gutandukana n’iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi.

Nk’uko ikinyamakuru WallFoot cyo mu Bubiligi cyabyanditse, ni uko uyu mukinnyi w’umunyarwanda atari mu mibare y’umutoza w’Umunya-Croatia utoza iyi kipe, Ivan Leko.

Ntabwo Hakim Sahabo yagize umwanya wo kwitegurana n’abandi neza kubera imvune yagize yanatumye imikino ya mbere ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi atayikina, gusa ubu yarakize yatangiye imyitozo.

Nubwo yagarutse mu myitozo, Hakim Sahabo w’imyaka 19 wakinnye imikino myinshi muri iyi kipe mu mwaka w’imikino ushize, ntabwo ari mu mibare y’umutoza kimwe na Stipe Perica na Lucas Noubi.

Amakuru avuga ko ikipe ya Red Star FC yazamutse mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa uyu mwaka yifuza uyu mukinnyi w’umunyarwanda ukina mu kibuga hagati.

Mu ntangiriro y’iri soko, byavuzwe ko ko amakipe 3 Frankfurt, Hoffenheim zo mu Budage na Leicester City yo mu Bwongereza zimwifuza ariko ntabwo zigeze zijya mu biganiro na we.

Hakim Sahabo ashobora gutandukana na Standard de Liège
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top