Siporo

IFOTO Y’UMUNSI: Mukansanga Salima afungira imishumi y’inkweto Perezida Kagame

IFOTO Y’UMUNSI: Mukansanga Salima afungira imishumi y’inkweto Perezida Kagame

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda, Mukansanga Salima Rhadia yagaragaye afungira imishumi y’inkweto, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu mukino w’umupira w’amaguru wabaye ku munsi w’ejo.

Wari umukino wa mbere w’irushanwa rihuza amakipe y’abakanyujijeho nka kimwe mu bikorwa bishamikiye ku Nteko Rusange ya 73 ya FIFA iri kubera i Kigali.

Ni irushanwa ryabereye kuri Kigali Pele Stadium yafunguwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Werurwe 2023.

Uyu mukino wahuje u Rwanda na FIFA aho warangiye ikipe y’u Rwanda ibyitwayemo neza itsinze ibitego 3-2.

Ni umukino wakinwe na Perezida Paul Kagame wishimiwe cyane bitewe n’ubuhanga yagaragaje muri uyu mukino.

Ubwo umukino warimo uba, imishumi y’inkweto yakinanaga yaje gufunguka maze umusifuzi warimo asifura uyu mukino, Mukansanga Salima Rhadia aba ari we umufungira.

Iyi foto abantu bahise bayihererekanya ku mbuga nkoranyambaga ubona ko bayishimiye cyane.

Mukansanga Salima Rhadia afungira imishumi y'inkweto Perezida Kagame
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Bizimana pasteur
    Ku wa 16-03-2023

    Vyiza cane nukuri

  • Bizimana pasteur
    Ku wa 16-03-2023

    Vyiza cane nukuri

  • Bizimana pasteur
    Ku wa 16-03-2023

    Vyiza cane nukuri

  • Mbonihankuye Renovat
    Ku wa 16-03-2023

    Nik muraho bavandi bugwanda gwiz turishimy kubon a twinjiy sitad nziz kandi nshsh

    tubifpurije gutahukan igikomb cisi Mugwand kandi tura vyizey kobiz ashik

  • Mbonihankuye Renovat
    Ku wa 16-03-2023

    Nik muraho bavandi bugwanda gwiz turishimy kubon a twinjiy sitad nziz kandi nshsh

    tubifpurije gutahukan igikomb cisi Mugwand kandi tura vyizey kobiz ashik

  • Sebuhoro JUVENAL
    Ku wa 16-03-2023

    Biranshimishije cyane kandi cyane, kubwo kureba uko umukino wabereye kuri stade ya Kigali Pele, ubwo Nyakubahwa Umukuru W igihugu cyacu, yagaragaje ubuhanga asanzwe afite , ndetse akanakina umupira wamaguru kurusha inzobere muri uwo mukino. Icyo nasaba abatuye iy,isi ya rurema, kumushimira kubwo kugaragara nkumukinyi wumupira wa mbere kuruta Pele nabandi bose, si ndi umuvugizi wumupira cyangwa ibindi, ariko kandi uyumukino wa mbere ubereye kuri iyi stade nshya , wabaye mwiza cyane, ndetse numusifuzi mpuzamahanga, nubuyobozi bwa FIFA, IMANA ibongerere umugisha utagabanije kandi biragahora bibera i Rwanda ibyiza byose.

  • Sebuhoro JUVENAL
    Ku wa 16-03-2023

    Biranshimishije cyane kandi cyane, kubwo kureba uko umukino wabereye kuri stade ya Kigali Pele, ubwo Nyakubahwa Umukuru W igihugu cyacu, yagaragaje ubuhanga asanzwe afite , ndetse akanakina umupira wamaguru kurusha inzobere muri uwo mukino. Icyo nasaba abatuye iy,isi ya rurema, kumushimira kubwo kugaragara nkumukinyi wumupira wa mbere kuruta Pele nabandi bose, si ndi umuvugizi wumupira cyangwa ibindi, ariko kandi uyumukino wa mbere ubereye kuri iyi stade nshya , wabaye mwiza cyane, ndetse numusifuzi mpuzamahanga, nubuyobozi bwa FIFA, IMANA ibongerere umugisha utagabanije kandi biragahora bibera i Rwanda ibyiza byose.

  • Nsengimana
    Ku wa 16-03-2023

    Byiza cyane

  • Uwamungu Eric
    Ku wa 16-03-2023

    Turabakunda

  • Uwamungu Eric
    Ku wa 16-03-2023

    Turabakunda

IZASOMWE CYANE

To Top