Siporo

Igenda rya RGL yaba ari yo nzira ya Uwayezu Jean Fidele yo gusohoka muri Rayon Sports?

Igenda rya RGL yaba ari yo nzira ya Uwayezu Jean Fidele yo gusohoka muri Rayon Sports?

RGL Security y’umuyobozi wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yari umufatanyabikorwa w’iyi kipe ntabwo bazakomezanya na yo nyuma y’uko amasezerano ya yo arangiye, benshi babihuza no kuba na perezida w’iyi kipe ashobora kuba atazongera kwiyamamaza.

Rayon Sports yari imaze umwaka yambara RGL Security, sosiyete y’umutekano y’umuyobozi wa Gikundiro, Uwayezu Jean. Bari basinye umwaka umwe ushobora kongerwa ariko bikaba bitarakunze ko yongera.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo Rayon Sports yagaragaje umuterankunga mushya ugomba kujya ku kaboko aho RGL Security yari iri.

Umuyobozi wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele akaba yavuze ko bahisemo gusimbuza RGL kubera ko yabemenyesheje ko itazongera amasezerano.

Ati "Ikipe ya Rayon Sports yari isanganywe abafatanyabikorwa babiri yambara ku kuboko barimo RGL Security na Choplife. Kuri ubu tuzagumana na Choplife na ho RGL yamaze kutwandikira itubwira ko tutazakomezanya mu mwaka utaha”.

Ibi benshi bahise babifata nk’ikimenyetso cy’uko mu Kwakira 2024 ubwo azaba asoje manda ye atanzongera kwiyamamariza kuyobora Rayon Sports cyane ko inshuro nyinshi yagiye abibazwaho yavuze ko bizaterwa n’abakunzi ba Rayon Sports bazamugirira icyizere cyangwa se uko azaba yumva ameze kuko hari igihe imbaraga z’umubiri zizaba zitabimwemerera.

Uwayezu Jean Fidele yavuze ko RGL yanditse ibamenyesha ko itazongera amasezerano, benshi babifata nk'aho na we atazongera kwiyamamaza
RGL yari imaze umwaka ikorana na Rayon Sports
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Ndayishimiye Valentin
    Ku wa 26-05-2024

    Ntabwo kuba RGL itongereye amasezerano bivuze ko jean Fidel atozengera kwiyamamaza ndumva ntaho bihuriye

  • Hakizimana innocent
    Ku wa 25-05-2024

    Reyon sport ikineye abatera nkunga bashoboye kuko iyo urebye ukuntu APR ariyo itwara ibikombw nkaho ariyo kipe iba mu Rwanda gusa ubona ko bikabije pe!

  • Hakizimana innocent
    Ku wa 25-05-2024

    Reyon sport ikineye abatera nkunga bashoboye kuko iyo urebye ukuntu APR ariyo itwara ibikombw nkaho ariyo kipe iba mu Rwanda gusa ubona ko bikabije pe!

  • Hakizimana innocent
    Ku wa 25-05-2024

    Reyon sport ikineye abatera nkunga bashoboye kuko iyo urebye ukuntu APR ariyo itwara ibikombw nkaho ariyo kipe iba mu Rwanda gusa ubona ko bikabije pe!

  • Mporanyisenga nepo
    Ku wa 25-05-2024

    J.fideri numuyobozi mwiza turamutse tumubuze twarira amarira menshi kd cyane

  • Pierre
    Ku wa 24-05-2024

    Ikipe yacu na company yacu Rgl bizakomeza kubaho

  • Innocent
    Ku wa 24-05-2024

    Ntacyo atwaye p

  • Innocent
    Ku wa 24-05-2024

    Ntacyo atwaye p

  • Mazimpaka
    Ku wa 24-05-2024

    Mutuvugire badukemurire ikibazo muri rayon

  • Theogene
    Ku wa 24-05-2024

    Ubwo nyine nugutegereza tukareba

  • Kazungu j Baptiste
    Ku wa 24-05-2024

    Mwiriwe neza?
    Nkunda Rayon sports kumaraso no kumutima.mbona kuba Uwayezu yaba kumwanya w,umuyobozi bwa Gikundiro bitaba Ari byiza,kuko abayobozi bamubanjirije bananiwe kwishyura umwenda Rayon sports yarifite, Uwayezu akaba yari amaze kuyagabanya.
    Aramutse agiye amadeni ashobora kudashira ahubwo agasubira Aho yari Ari ndetse akaba yanarengaho,kuko mbona cg numva abayiyoboye mbere y, Uwayezu bakagishyira kuri aya madeni,aribo bashaka kuyigarukamo bakayiyobora,Murakoze.
    0788875357_0722875357

  • Kazungu j Baptiste
    Ku wa 24-05-2024

    Mwiriwe neza?
    Nkunda Rayon sports kumaraso no kumutima.mbona kuba Uwayezu yaba kumwanya w,umuyobozi bwa Gikundiro bitaba Ari byiza,kuko abayobozi bamubanjirije bananiwe kwishyura umwenda Rayon sports yarifite, Uwayezu akaba yari amaze kuyagabanya.
    Aramutse agiye amadeni ashobora kudashira ahubwo agasubira Aho yari Ari ndetse akaba yanarengaho,kuko mbona cg numva abayiyoboye mbere y, Uwayezu bakagishyira kuri aya madeni,aribo bashaka kuyigarukamo bakayiyobora,Murakoze.
    0788875357_0722875357

  • HARERIMANA CELESTIN
    Ku wa 24-05-2024

    Oya agomba kogera amasezerano turamukunda

  • Ntakirutimana jaen baptiste
    Ku wa 24-05-2024

    Mumez gutex aba boss banjye
    Nizer ko mumez neza ababos

IZASOMWE CYANE

To Top