Siporo

Kakule Mugheni Fabrice yamaze kumvikana n’ikipe yo muri Kenya

Kakule Mugheni Fabrice yamaze kumvikana n’ikipe yo muri Kenya

Kakule Mugheni Fabrice wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda nka Rayon Sports, yamaze kumvikana n’ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya kuba yayikinira kugeza muri 2022.

Muri Kamena 2020 ni bwo Kakule yasoje amasezerano ye mu ikipe ya Rayon Sports, yahise asezera ku bafana b’iyi kipe avuga ko atagikomezanyije na yo bitewe na gahunda iyi kipe ifite yo gukinisha abakiri bato, ni mu gihe bari bananiranywe ku ngingo yo kongera amasezerano.

Mu minsi ishize akaba yarabwiye ISIMBI ko hari ikipe yo muri Kenya bamaze kumvikana ariko atifuza guhita atangaza.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize akaba yarafashe indege avuye iwabo muri DR Congo ahita yerekeza muri Kenya kurangizanya n’ikipe ya AFC Leopards.

Nk’uko bigaragara ku mafoto uyu musore yashyize kuri Instagram ye, ari ku ibiro by’ikipe ya AFC Leopards, yifotoreje ku birango byayo, amakuru akavuga ko ibye na AFC Leopards byarangiye ubu ari umukinnyi w’iyi kipe.

Kakule Mugheni Fabrice, biteganyijwe ko azerekanwa hagati mu kwezi gutaha kwa Nzeri 2020.

Ku biro by'ikipe ya AFC Leopards
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top