Siporo

Ku ikubitiro imyitozo ya Kiyovu Sports yitabiriwe n’abakinnyi 55

Ku ikubitiro imyitozo ya Kiyovu Sports yitabiriwe n’abakinnyi 55

Imyitozo ya mbere ya Kiyovu Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2024-25, yitabiriwe n’abakinnyi 55 biganjemo abari mu igeragezwa.

Ni imyitozo yabaye ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 22 Nyakanga 2024 kuri Kigali Pelé Stadium saa 15h.

Yagaragayemo abakinnyi mbarwa basanzwe muri iyi kipe ni mu gihe abandi bose bari baje kugerageza amahirwe ngo barebe ko Kiyovu Sports yabafata.

Iyi myitozo yayobowe n’umutoza mukuru wa Kiyovu Sports, Bipfubusa Joslin yarimo amasura amenyerewe mu cyiciro cya mbere yaje gukora igeragezwa nka Nyirinkindi Saleh wakiniyeho Kiyovu Sports n’ubundi, yanakiniye APR FC, Habimana Hussein Eto’o wakiniye Rayon Sports, Tuyishime Eric Congolais wakiniye amakipe arimo APR FC n’abandi.

Umutoza Bipfubusa akaba yashimye abakinnyi 10 gusa ari na bo bazakomezanya imyitozo muri iki cyumweru mbere yo gufata umwanzuro wo kugira abo asinyisha.

Kiyovu Sports yatangiranye imyitozo abakinnyi 55
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top