Siporo

Moteri nshya ya Kigali Pelé Stadium yatangiye kubakirwa (AMAFOTO)

Moteri nshya ya Kigali Pelé Stadium yatangiye kubakirwa (AMAFOTO)

Nyuma y’uko Moteri nshya Kigali Pelé Stadium ihagejejwe, n’imirimo yo kuyubakira yahise itangira kugira ngo itangire gucanira iki kibuga vuba.

Ni nyuma y’uko itari isanzwemo itari igifite ubushobozi bwo kwatsa amatara yose ya Kigali Pelé Stadium ku buryo haberamo umukino.

Ni moteri yagejejwe muri Kigali Pelé Stadium tariki ya 2 Nzeri 2024, ifite imbaraga zo kuba yacana amatara yose ya stade kandi igihe icyo ari cyo cyose kuko ifite ubushobozi bwa Kva 1000, mu gihe iyari isanzwe yari Kva 400.

Ubu imirimo yo kuyubakira irarimbanyije ku buryo yatangira gukoreshwa mu gihe cya vuba.

Abazi kuri Kigali Pelé Stadium, iyi moteri irimo kubakirwa ku muryango wo hepfo urebana na tapis rouge cyangwa aho bigishiriza imodoka, bakaba bayishyize iburyo bw’umuryango ni mu gihe ihasanzwe iri ibumoso.

Ikibazo cy’iyi moteri cyari kimaze igihe kinini kuko uretse kudatanga urumuri ruhagije hari n’igihe yazimaga umukino uri kuba.

Impaka zijyanye na moteri yo kuri Kigali Pelé Stadium zagarutsweho ubwo Umujyi wa Kigali wamenyeshaga Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, ko imikino ya nijoro idashobora kuhakinirwa kubera ikibazo cya moteri kitarakemuka.

Ibi ni ibyabaye mu gihe Rayon Sports yagombaga kwakirira Amagaju FC kuri iyo stade mu mukino w’Umunsi wa Kabiri wa Shampiyona ku wa Gatanu, tariki 23 Kanama 2024, saa kumi n’Ebyiri z’umugoroba.

Nyuma y’ibi byose, Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwa X ku mugoroba asubiza Umujyi wa Kigali wari wanditse uvuga ko icyo kibazo kiri gushakirwa umuti urambye, ati “Ibi ni ibintu bitagakwiye kuba byarabayeho na mbere hose”.

Umujyi wa Kigali wahise utumiza moteri ifite ubushobozi busabwa yari kuzagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere, gusa mu buryo bwihuse yahise iboneka mu minsi 10 gusa.

Ubwo moteri nshya yahageraga
Imirimo yo kuyubakira irarimbanyije
Moteri ishaje
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

To Top