Siporo

Mu maso ya perezida Kagame u Rwanda rwatsinze Argentine rugera muri1/2 (AMAFOTO)

Mu maso ya perezida Kagame u Rwanda rwatsinze Argentine rugera muri1/2 (AMAFOTO)

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ari kumwe na Madame Jeannette Kagame bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Argentine mu ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya Basketball mu bogore, ruhita rugera muri 1/2.

Nyuma y’uko ejo kari akaruhuko mu itsinda D, uyu munsi ryari ryakinnye aho Ubwami bw’Abongereza bwatsinze Lebanon amanota 77-72.

Hakuriyeho umukino wahuje u Rwanda na Argentine, ni umukino utari woroshye kuko ikipe yari gutsinda yagombaga guhita igera muri 1/2 cy’iri jonjora.

Ni umukino wabereye muri Kigali Arena ukaba warebwe na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame.

Ni umukino inkumi z’u Rwanda zibifashijwemo n’abarimo Bella Murekatete wari hejuru cyane begukanye agace ka mbere ku manota 20-13.

Argentine yihagezemo mu gace ka kabiri maze iragatsinda ku manota 9-7. Bagiye kuruhuka ari 27 y’u Rwanda kuri 22 ya Argentine.

Ubanza umutoza Cheikh Sarr mu karuhuko yibukije abakinnyi be ko barimo gukinira imbere ya Perezida Kagame yaje kubashyigikira batagomba kumukoza isoni.

Bella Murekatete, Ineza Sifa, Philoxy Destiney Promise na bagenzi ba bo baje mu gace ka gatatu bariye amavubi maze bagatsinda amanota 21-7 ni na ko batsinze agace ka nyuma ku manota 13-7 bahita begukana umukino n’amanota 61-38.

Nubwo u Rwanda rusigaje umukino umwe w’itsinda n’Ubwami bw’Abongereza, rwakatishije itike ya 1/2, rubaye igihugu cya kabiri nyuma ya Senegal na yo yamaze gukatisha itike mu itsinda C.

Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame barebye uyu mukino
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top