Biravugwa ko muri Rayon Sports atari shyashya nyuma y’uko bamwe mu bakinnyi bafashe umwanzuro wo guhagarika imyitozo kubera ko amafaranga bumvikanye n’ubuyobozi batarayahabwa.
Rayon Sports ikomeje imyiteguro yitegura shampiyona umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2024-25 aho izakina na Gasogi United tariki ya 21 Nzeri 2024.
Amakuru ISIMBI yamenye ni uko hari abakinnyi bamaze gufata umwanzuro wo guhagarika imyitozo kuko hari ibyo bagombwa n’ubuyobozi batarahabwa.
Bamwe muri abo bakinnyi harimo Abanya-Senegal, Fall Ngane na mugenzi we Yousou Diagne ndetse n’umunya-Cameroun Aziz Bassane bivugwa ko batarahabwa ibyo bagombwa n’ubuyobozi bwa Rayon Sports.
Si aba gusa kuko hari n’abandi bakinnyi b’abanyarwanda bafashe iki cyemezo kuko isezerano bahawe n’ubuyobozi ritubahirijwe.
Haruna Niyonzima na we akaba amaze igihe adakora imyitozo kubera ibibazo by’amafaranga. Biravugwa ko kandi abakinnyi nka Aimable Nsabimana, Aruna Moussa Madjaliwa na we yagiye mu ikipe y’igihugu y’i Burundi yishyuza, aba na bo ntibiteguye gusubukura imyitozo batarishyurwa.
Bivugwa ko mu gihe ubuyobozi butubahirije ibyo bumvikanye n’abakinnyi, aba bakinnyi ntabwo bazasubukura imyitozo bitegura shampiyona.
Ibitekerezo
Oscar Hategekimana
Ku wa 28-08-2024Mureke gushyushya inkuri