Siporo

Musanze FC yareze umusifuzi ishinja kuyikora mu mufuka

Musanze FC yareze umusifuzi ishinja kuyikora mu mufuka

Musanze FC yamaze kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, irega umusifuzi Ndayisaba Saidi kuyangira igitego.

Hari mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2024-25 wo Musanze FC yari yasuyemo AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium ejo hashize ku wa Kabiri.

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 15, Kwizera Tresor yatsindiye Musanze FC igitego cya mbere ariko umusifuzi wa mbere wo ku ruhande Ndayisaba Saidi aracyanga.

Musanze FC ikaba yandikiye FERWAFA isaba ko uyu musifuzi yahanirwa iri kosa yakoze akanga igitego.

Si we wenyine basabiye ibihano kuko banasabiye ibihano Murindangabo Moise wari umusifuzi wo hagati aho bamushinje ko igitego AS Kigali yabatsinze cya Ndayishimiye Didier bari babanje gukorera ikosa umukinnyi wa Musanze FC, Adeyinka Solomon.

Umukino waje kurangira AS Kigali ari yo yegukanye intsinzi n’igitego kimwe ku busa.

Ibaruwa irega
Ndayisaba Saidi yanze igitego cya Musanze FC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top