Siporo

Myugariro Nsabimana Aimable wa Rayon Sports ntari mu bakinnyi bakoreshwa mu mukino ufungura shampiyona

Myugariro Nsabimana Aimable wa Rayon Sports ntari mu bakinnyi bakoreshwa mu mukino ufungura shampiyona

Myugariro Nsabimana Aimable wa Rayon Sports, ntabwo ari mu bakinnyi umutoza Zelfani Yamen akoresha ku mukino ufungura shampiyona kubera ikibazo cy’imvune.

Uyu munsi nibwo shampiyona ya 2023-24 itangira, haraba umukino umwe gusa wo Rayon Sports iri busure Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium saa moya z’ijoro.

Ni umukino utari bugaragaremo myugariro mushya wa Rayon Sports, Nsabimana Aimable kubera imvune yagize y’akagombambari (Cheville).

Uyu mukinnyi arimo gukurikiranwa n’abaganga aho nta gihindutse agomba gutangira imyitozo mu cyumweru gitaha yitegura umukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino 2023-24.

Nsabimana Aimable yasinyiye Rayon Sports mu kwezi gushize kwa Nyakanga, akaba yari avuye mu ikipe ya Kiyovu Sports. Yakiniye kandi amakipe arimo APR FC na Police FC.

Nsabimana Aimable ntakina umukino ufungura shampiyona
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top