Siporo

Ni umunsi w’agatangaza mu buzima bwanjye - Umunya-Ghana nyuma yo gusinyira APR FC

Ni umunsi w’agatangaza mu buzima bwanjye - Umunya-Ghana nyuma yo gusinyira APR FC

Umukinnyi ukina mu kibuga hagati, ukomoka muri Ghana, Seidu Dauda yishimiye kuba yamaze kwerekeza mu ikipe ya APR FC.

Uyu mukinnyi wafashije ikipe ye ya Smartex FC kwegukana shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ghana, yamaze kwerekeza muri APR FC.

Seidu Dauda w’imyaka 23, akaba akina mu kibuga hagati yugarira, ku Cyumweru tariki ya 30 Kamena 2024, ni bwo yahishuye ko yamaze kwerekeza muri APR FC ashyira hasi amarangamutima ye.

Ati "ni umunsi w’agatangaza mu buzima bwanjye kujya mu ikipe nziza mu mateka y’umukino. Nzatanga buri cyose mfite kugira ngo mfashe iyi kipe gutsinda."

Abaye umunya-Ghana iyi kipe ya APR FC isinyishije nyuma Richmond Lamptey wavuye muri Asante Kotoko, yazanye kandi umunya-Senegal, Aliou Souane ndetse n’umunya-Brazil, Juan Batista Lopes Da Silva.

Seidu Dauda yishimiye kuba yaje mu ikipe ya APR FC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • nitegeka aluphonse
    Ku wa 3-07-2024

    Twishi miye amakurumeza mutugezaho turabakunda mduhe andimakuru ya apr fc

  • Byumvuhore
    Ku wa 2-07-2024

    Turamukunda

IZASOMWE CYANE

To Top