Siporo

Police FC yerekeje i Ngoma

Police FC yerekeje i Ngoma

Ikipe y’abnashinzwe umutekano, Police FC yerekeje mu karere ka Ngoma aho igiye gukorera umwiherero w’ibyumweru bibiri yitegura shampiyona izatangira mu kwezi gutaha.

Umutoza mushya wa Police FC, Francis Nuttall Elliot akaba yafashe abakinnyi berekeza Iburasirazuba kugira ngo babanze bajye mu mwuka wo gukina batari mu Mujyi wa Kigali.

Iyi kipe ikaba igiye gukorera imyitozo i Ngoma aho izagaruka nyuma y’ibyumweru 2, aho bazahita bakomereza imyitozo ku kibuga cya Kicukiro bitegura shampiyona izatangira tariki ya 16 Ukwakira.

Police FC ikaba irimo amasura mashya nka Hakizimana Muhadjiri, Nsabimana Eric Zidane, Danny Usengimana na Twizerimana Onesme.

Police FC yerekeje muri Ngoma
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top