Siporo

Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya

Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya

Gnamien Mohayé Yvan ukomoka muri Côte d’Ivoire, yageze i Kigali aho aje gusinyira ikipe ya Rayon Sports.

Mu gicuku cyo ku wa Kane gishyira ku wa Gatanu nibwo uyu rutahizamu yasesekanye ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Uyu rutahizamu w’imyaka 20 akaba yavuze ko ikintu azi ku Rwanda ari uko ari rwiza kandi kikaba igihugu gifite umutekano.

Akaba yakiniraga ikipe y’iwabo mu Cyiciro cya Mbere yitwa Stars Olympic Football Club D’Abobo. Yanakiniye kandi ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17.

Aje mu gihe Rayon Sports ifite umukino ufungura shampiyona uyu munsi ku isaha ya saa 19h aho iribwakirwe na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium.

Rutahizamu mushya wa Rayon Sports, Gnamien Mohayé Yvan yageze i Kigali
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top