Siporo

Rayon Sports yakiriye rutahizamu w’Umunya-Cameroun

Rayon Sports yakiriye rutahizamu w’Umunya-Cameroun

Mu ijoro ryakeye Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya ukomoka muri Cameroon, Aziz Bassane Koulagna uje kongera imbaraga mu busatirizi bw’iyi kipe.

Uyu rutahizamu wakiniye abatarengeje imyaka 19 ba FC Nante yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama 2024.

Ni nyuma y’uko umutoza wa Rayon Sports, Robertinho avuze ko akeneye rutahizamu abo yahasanze batari ku rwego rwiza.

Aziz usatira anyuze ku mpande akaba ataje guhita asinya ahuhwo azabanza gukora igeragezwa yaritsinda agahita asinyira Gikundiro.

Uyu rutahizamu w’imyaka 22 yakiniraga Coton Sport FC de Garoua y’iwabo muri Cameroon yagezemo 2021 yabisikanye na Nathanael Iga ukomoka muri Gabon wari waje muri iyi kipe ariko umutoza akaba ataramushimye.

Rutahizamu Aziz aje gukora igeragezwa muri Rayon Sports
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

To Top