Siporo

Rayon Sports yavuze kuri Kwizera Olivier uvugwa muri iyi kipe

Rayon Sports yavuze kuri Kwizera Olivier uvugwa muri iyi kipe

Nyuma y’inkuru zimaze iminsi zivugwa ko Kwizera Olivier ari mu biganiro na Rayon Sports ndetse biri hafi kurangira, ubuyobozi bw’iyi kipe bwavuze ko nta makuru na make bwatanga ku bakinnyi iyi kipe irimo kuganiriza ko ahubwo bizajya bimenyekana bamaze gusinya.

Amakuru avuga ko uyu musore ategereje ko ikipe imwishyura mliyoni 7 bumvikanye akabona gusinya, ni mu gihe e avuga ko ategereje kuganira n’ubuyobozi w’iyi kipe.

Nyuma y’ibi byose byagiye bivugwa, ISIMBI yegereye umuvugizi w’iyi kipe, Jean Paul Nkurunziza maze avuga ko atapfa gutanga amakuru y’abakinnyi barimo kuganiriza.

Yagize ati“yaba Kwizera cyangwa abandi bakinnyi ikipe yaba yifuza ubu ntabwo nakubwira ngo ni runaka cyangwa runaka, hari ikipe ibishinzwe irimo kubaganiriza, uwo twumvikanye ni we usinya kandi duhita tumubatangariza.”

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu ibanga n’ubwo isa n’aho yasigaye ku isoko yonyine, nyuma yo gusinyisha umukinnyi w’umunya-Togo, Alex, yaraye isinyishije rutahizamu w’umurudi Nihoreho Arsène

Nta gihindutse Kwizera Olivier arerekeza muri Rayon Sports
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Emmy
    Ku wa 30-06-2020

    Ubundi se Media ibunguriki?byose mw’itangazamakuru?

To Top