Siporo

Rutahizamu wa Police FC yatsinzwe igeragezwa mu Bubiligi

Rutahizamu wa Police FC yatsinzwe igeragezwa mu Bubiligi

Rutahizamu wa Police FC, Ani Elijah wari mu igeragezwa mu gihugu cy’u Bubiligi mu ikipe ya Charleroi yamaze kugaruka mu Rwanda nyuma yo gutsindwa igeragezwa.

Uyu rutahuzamu ukomoka muri Nigeria wari umaze iminsi mike asinye amasezerano y’imyaka 2 muri Police FC, tariki ya 21 Kamena nibwo yari yagiye mu igeragezwa ry’icyumweru kimwe muri iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi.

Mu ijoro ryakeye ni bwo Ani Elijah yagarutse mu Rwanda nyuma yo gutsindwa igeragezwa aho agomba gukomezanya na Police FC yari afitiye amasezerano.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Police FC yamuhaye ikiruhuko cy’icyumweru kimwe aho agiye guhita ajya muri Nigeria gusura umuryango we.

Ani Elijah yagarutse mu Rwanda
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top