Siporo

Tchabalala mu muryango ugaruka mu ikipe yo mu Rwanda

Tchabalala mu muryango ugaruka mu ikipe yo mu Rwanda

Rutahizamu w’Umurundi wakiniraga ikipe ya Al Ta’awon muri Libya, Shabani Hussein Tchabalala yamaze gutandukana n’iyi kipe ku bwumvikane.

Muri Nzeri 2023 ni bwo uyu rutahizamu yerekeje muri Libya muri iyi kipe ikinamo umunyarwanda, Haruna Niyonzima.

Nyuma y’amezi 4 akaba yamaze kumvikana n’iyi kipe gutandukana ku bw’umvikane.

Ni nyuma y’uko iyi kipe itubahurije ibyo bumvikanye mu masezerano harimo no kutamuhembera igihe.

Amakuru avuga ko nyuma yo gutandukana n’iyi kipe, ubu ibiganiro bigeze kure na AS Kigali yahozemo ngo abe yayigarukamo.

Tchabalala wakiniye Amagaju FC, Rayon Sports, Bugesera FC mu Rwanda, bivugwa ko nyuma y’uko Shema Fabrice agarutse hafi ya AS Kigali ari umwe mu bakinnyi yifuza ko yagaruka muri iyi kipe.

Tchabalala mu muryango ugaruka muri AS Kigali
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • -xxxx-
    Ku wa 23-01-2024

    Nagaruke tumwifurije amahirwe masa!

  • -xxxx-
    Ku wa 23-01-2024

    Nagaruke tumwifurije amahirwe masa!

IZASOMWE CYANE

To Top