Siporo

U Rwanda rwageze muri 1/2 ruzahura na Senegal (AMAFOTO)

U Rwanda rwageze muri 1/2 ruzahura na Senegal (AMAFOTO)

Nubwo ikipe y’igihugu y’abagore yatsinzwe umukino usoza itsinda D mu ijonjora ry’ibanze mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya Basketball izahura na Senegal muri 1/2.

Ejo ni bwo hakinwaga umunsi wa nyuma w’amatsinda mu ijonjora ry’ibanze mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya Basketball mu bagore rimaze iminsi ribera mu Rwanda.

Mu itsinda D u Rwanda rurimo ni rwo rwazamutse ruyoboye nubwo rwaraye rutsinzwe n’Ubwami bw’Abongereza amanota 75-61 mu mukino warebwe na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame.

Abakobwa b’u Rwanda ntabwo batangiye neza kuko agace ka mbere bagatsinzwe amanota 16-10, aka kabiri bagatsindwa 29-13, aka gatatu na ko bagatakaza ku manota 22-16 mu gihe aka nyuma ari ko batsinze amanota 22-8.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Argentine yatsinze Lebanon amanota 60-49.

Mu itsinda C, Senegal yatsinze Philippines amanota 87-62 mu gihe Hungary yatsinze Brazil amanota 87-66.

Imikino ya 1/2 izaba ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu, Senegal yazamutse ari iya mbere mu itsinda C ikaba izahura n’u Rwanda rwa 2 rwabaye aba kabiri mu itsinda D.

n’Ubwami bw’Abongereza bwa mbere mu itsinda D, muri 1/2 ruzahura na Hungary ya kabiri mu itsinda C.

U Rwanda rwatsinzwe n'Ubwami bw'Abongereza
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame barebye uyu mukino
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

To Top