Siporo

APR FC yatsinze Rutsiro FC, shampiyona isubira ibubisi (AMAFOTO)

APR FC yatsinze Rutsiro FC, shampiyona isubira ibubisi (AMAFOTO)

Ibitego bya APR FC byatsinzwe na Niyibizi Ramadhan na Bizimana Yannick byahesheje intsinzi iyi kipe y’ingabo z’igihugu imbere ya Rutsiro FC.

Wari umukino usoza umunsi wa 13 aho APR FC yatangiye neza kuko amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0 cyatsinzwe na Niyibizi Ramadhan ku munota wa 43.

Iyi kipe yari yakomeje gushakisha ibitego byinshi, yaje kubona igitego cya 2 cyatsinzwe na Bizimana Yannick ku munota wa 66.

Rutsiro yari imbere y’abafana ba yo yagerageje uko yakwishyura ibi bitego ariko biranga umukino urangira ari 2-0.

Nyuma y’umunsi wa 13, Rayon Sports ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona na 28, AS Kigali ya kabiri ifite 27, Kiyovu Sports na APR FC zifite 24, Gasogi United ikagira 22 ni mu gihe Police FC na Musanze FC zifite amanota 20.

Uko umunsi wa 13 wagenze

Tariki ya 10 Ukuboza 2022

Kiyovu Sports 1-0 Police FC
Marines FC 0-0 Gorilla FC

Tariki ya 11 Ukuboza

AS Kigali 4-0 Espoir FC
Mukura 0-1 Bugesera FC
Musanze FC 0-1 Gasogi United
Etincelles FC 3-2 Rayon Sports
Sunrise FC 5-1 Rwamagana City

Ku wa Mbere tariki ya 12 Ukuboza 2022

Rutsiro FC 0-2 APR FC

Niyibizi Ramadhan watsinze igitego cya mbere
Lague yagoye Rutsiro FC
Ntabwo byari byoroshye
Manishimwe Djabel yari yagarutse muri 11 babanza mu kibuga
Abafana bari bayiherekeje

AMAFOTO: Jules

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • N
    Ku wa 13-12-2022

    N

  • IRAMBONA ALEXIS
    Ku wa 13-12-2022

    MUBWIRE ABONGEREZ NUBUFARANSA BYARANGIYEBITE MURABA MUKOZE

  • IRAMBONA ALEXIS
    Ku wa 13-12-2022

    APER KOMEREZAHO BIRASHOBOKA KOYAJYITWARA TUYINYUMA UBWO NDIMUHANGA NYARUSANG AMAHIRWEMASA

  • INNOCENT
    Ku wa 12-12-2022

    NIHORWAJYA MWARO HASIGAYE REYONAYO TUKAYITE RABITATU BYIHUSE MAZUBUNDI TUKEGERA IMBEREKU GEZADU TWAYENI GIKOMBE KABIZAKANDI NICYAEPIYA RANTAYA NDIMAGAMBO BYOPE

IZASOMWE CYANE

To Top