Siporo

Perezida wa Rayon Sports utari mu Rwanda yeguye ku mwanya wo kuyobora iyi kipe

Perezida wa Rayon Sports utari mu Rwanda yeguye ku mwanya wo kuyobora iyi kipe

Uwayezu Jean Fidele wari umuyobozi wa Rayon Sports, yamaze kwegura k’umwanya wo kuyobora uyu muryango ku mpamvu z’uburwayi

Uyu mugabo wari ku mpera za manda ye y’imyaka 4 muri Rayon Sports aho yagombaga kurangiza mu kwezi gutaha k’Ukwakira, ntabwo ari mu Rwanda aho yagiye hanze y’igihugu kwivuza umugongo.

Mu itangazo Rayon Sports ishyize hanze yagize iti "Perezida Jean Fidele Uwayezu yafashe umwanzuro wo guhagarika inshingano zo kuyobora umuryango wa Rayon Sports ku mpamvu z’uburwayi."

Urwayezu Jean Fidele watorewe kuyobora umuryango wa Rayon Sports tariki ya 24 Ukwakira 2024, amakuru ISIMBI yamenye ni uko ari hanze y’u Rwanda aho yagiye kwivuza umugongo wari umaze igihe.

Yeguye mu gihe mu kwezi gutaha k’Ukwakira 2024 ni bwo hari hateganyijwe amatora yo gutora Komite Nyobozi ya Rayon Sports.

Inkuru bijyanye: Uwayezu Jean Fidele azinukirwa kuki?

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Aimmy
    Ku wa 15-09-2024

    Imana ikoroheze jea fidel urwaru bucyira naho abazagaya ntibabura kurinjye ndakwemera ntakutajyize

  • Aimmy
    Ku wa 15-09-2024

    Imana ikoroheze jea fidel urwaru bucyira naho abazagaya ntibabura kurinjye ndakwemera ntakutajyize

  • Richard
    Ku wa 14-09-2024

    Ooooh rayon yacu
    Turakeneye umuyobozi ukunda Rayon atazanywe nokuyi profita ahubwo azanywe nukuyiteza imbere rayon yacu
    Turinyuma yawe

IZASOMWE CYANE

To Top